Site icon Rugali – Amakuru

Umuryango w’ibihugu byunze ubumwe bya Afurika AU ushobora gusenyuka nyuma y’uko Paul Kagame awutejemo amacakubiri!

Hasigaye amezi 3 gusa Paul Kagame agasimburwa ku mwanya w’Ubuyobozi bw’Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’Afurika (UA). Muri aya mezi ya nyuma y’ubuyobozi bwe muri uwo muryango, imiyoborere mibi ya Paul Kagame yakuruye amacakubiri akomeye mu bakuru b’ibihugu bigize uwo muryango,

Kuburyo nubwo Kagame yaba atakiri umuyobozi wawo, niba ntagikozwe ingaruka zayo zishobora gusenya ubumwe bw’Afurika (UA). Ayo macakubiri ashingiye ku bibazo 2 bikomeye byerekeranye n’umusanzu ibihugu by’Afurika bigomba gutanga kugirango uwo muryango ushobore kugira ubushobozi mu ngengo y’imari igomba kuwufasha mukurangiza ibikorwa byawo n’ikibazo cyo kugirana umubano wihariye mu by’ubucuruzi n’igihugu cy’Ubushinwa!

Exit mobile version