Site icon Rugali – Amakuru

MU GAHINDA N’ISHAVU, ABAKIRISITU BA CYANGUGU BASEZEYEHO MUSENYERI BIMENYIMANA (AMAFOTO)

Mu ijoro ryo ku Cyumweru nibwo hasakaye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’Umwepisikopi wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Musenyeri Jean Damascene Bimenyimana, wishwe n’uburwayi bwa kanseri y’amaraso yari amaranye igihe.

Intama yari amaze imyaka hafi 21 abereye umushumba ziganjemo izo muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu, yabanaga nazo mu mirimo ye ya buri munsi yo kwigisha ijambo ry’Imana, gutagatifuza no kubaka Kiliziya, zakoraniye muri iyi katederali mu muhango wo kumusezeraho bwa nyuma waranzwe n’agahinda, ishavu n’ikiniga.

Ku isaha ya saa tanu n’iminota 15 z’ijoro nibwo umurambo wa Musenyeri Bimenyimana wagejejwe muri Katederali ya Cyangugu, ugaragiwe n’Abepiskopi barimo; Philippe Rukamba wa Diyosezi ya Butare, Antoni Kambanda wa Diyosezi ya Kibungo, Celestin Hakizimana wa Diyosezi ya Cyangugu, Anaclet Mwumvaneza wa Nyundo n’abandi.

Mu buhamya ku buzima bwa Musenyeri Bimenyimana, bwatanzwe na Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi, igisonga cya Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo, yamuvuze ibigwi nk’umuzi neza kuko biganye mu mashuri abanza, mu Iseminari nto n’Inkuru ndetse babana muri Diyosezi ya Nyundo bamaze guhabwa Ubupadiri.

Mu magambo yabyukije amarangamutima ya benshi bakayagaragaza bitsa imitima, Mgr Nsengumuremyi yavuze ko Musenyeri Bimenyimana ‘yasanze ari umuntu Nyamuntu, akaba umukirisitu nyawe, umusaserdoti koko n’umushumba utarumanza izo aragiye.’

Yakomeje avuga ko yabaye ‘umuntu w’umunyakuri, wanga amafuti kandi akarwanya akarengane.’ Yatanze urugero rw’aho ubwo Mgr Bimenyimana yigaga mu mwaka wa mbere mu Iseminari Nto ya Mibirizi, hari umwana bari baraturukanye i Shangi wamwegereye akamusaba ko barwanya Abatutsi. Igisubizo yamuhaye cyakoze benshi ku mutima kuko yamubwiye ngo ‘ubona uwo uri we ariko ntuzi aho waturutse.’

Afitanye amateka na Niyitegeka Felicite

Mu 1973 ubwo yigaga muri Seminari nto ya Mutagatifu Piyo ku Nyundo, Musenyeri Bimenyimana, yatewe ishavu n’itotezwa ry’Abatutsi mu mashuri harimo na za Seminari kuko ubwo abaseminari b’Abatutsi birukanwaga yarize ndetse akajyana na bo akamara igihe atiga.

Mgr Nsengumuremyi yavuze ko ubwo yagarukaga mu ishuri yasanze amakayi ye n’ibindi bikoresho byaratwitswe kubera kwamagana udutsiko tw’ikibi. Ibi ntibyarangiriye aha kuko bagenzi be bamurebaga nabi kugera nubwo bamuhondaguye bakamuciraho umusaraba bakamusiga ari intere.

Yaje kondorwa na Niyitegeka Felicite umwe mu ntwari z’u Rwanda bitewe n’ubumuntu bwamuranze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Musenyeri Bimenyimana yavuye mu iseminari ya Nyundo ajya kwiga mu ya Kansi, ari ho yavuye ajya mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda.

Mgr Nsengumuremyi yavuze ko Mgr Bimenyimana, yabaye umupadiri mwiza wigishije abakirisitu bakamukunda, akabagira inama, agacunga neza umutungo wa katederali ya Nyundo aho yahereye, akabikora atawusesagura cyangwa ngo awucishe ku ruhande.

Musenyeri Bimenyimana yahawe Ubwepisikopi kuwa 16 Werurwe 1997, Intego ye ni ‘Mu bwiyoroshye no mu rukundo’.

 

 

Aha byari nka saa sita z’ijoro mu Karere ka Rusizi

 

 

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane ubwo IGIHE yageraga kuri iyi katederali, yasanze hanze hatewe intebe hitegurwa umunsi wo gusezera bwa nyuma kuri Musenyeri Bimenyimana

 

Mgr Bimenyimana yari Umwepisikopi wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu

 

Imva ya Musenyeri iri muri Katederali ya Cyangugu ahagana imbere

 

 

Isanduku irimo umubiri wa Mgr Bimenyimana ubwo yari igejejwe muri Katederali ya Cyangugu aho agomba gushyingurwa

 

Ababikira bo muri iyi katederali nibo bari batwaye indabo zo gushyira ku mva

 

Abapadiri n’abandi bihaye Imana bo muri Kiliziya Gatolika ubwo bari bagejeje umurambo kuri Katederali uvanywe i Kigali

 

 

Musenyeri yashimiwe uburyo yayoboye abakirisitu yari ashinzwe neza, akanacunga umutungo wa Kiliziya uko bikwiye

 

 

 

Ababikira batandukanye bari bitwaje indabo zo kumusezeraho…

 

 

 

 

 

 

Abepisikopi babanye nawe bamushimiye ubutwari bwamuranze mu buzima bwe bwose

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Abakirisitu basezera bwa nyuma kuri Musenyeri Bimenyimana

 

 

 

 

Abakirisitu yayoboye bari bagiye kumusezeraho ari benshi

 

 

Ijoro ryo gusezera kuri Musenyeri Bimenyimana ryaranzwe n’amasengesho ndetse no kumuvuga ibigwi

 

 

Musenyeri Rukamba ari kumwe na Musenyeri Celestin Hakizimana

 

Musenyeri Rukamba avuga uko yari azi mugenzi we witabye Imana

 

Musenyeri JMV Nsengumuremyi igisonga cya Musenyeri wa Nyundo avuga uko yari azi mugenzi we witabye Imana.
 
Iyi nkuru yanditswe na Cyprien Niyomwungeli

Amafoto: Niyonzima Moses

Exit mobile version