Site icon Rugali – Amakuru

MALAWI : NINDE WIHISHE INYUMA Y’IHOHOTERWA RY’ IMPUNZI Z’ABANYARWANDA?

Kuwa mbere w’iki cyumweru tariki ya 3 Gashyanare 2020, hamenyekanye ko ibikorwa by’Abanyarwanda byibasiwe n’abenegihugu bo muri Malawi mu mujyi wa Lilongwe muri icyo gihugu. Ijisho ry’Abaryankuna ryavuganye n’Umunyarwanda uba muri Malawi, atunyuriramo uko byagenze, n’ibindi bimaze iminsi bibaye muri Malawi no muri Zambia.

Bikaba byaratangiye igihe mu gipangu kimwe basanze umurambo w’umuntu wari wishwe ugahambwa muri urwo urugo. Habanje kuvugwa ko nyiri urugo yari umuturage wo muri Nigeria naho abari batuyemo bakaba abenegihugu. Hari abavuga ko ngo uwo muntu wishwe yari yabonetse bwanyuma ari kumwe n’impunzi z’Abanyarwanda, abandi bakavuga ko hahise hakwirakwira ibihuha ko ari umunyarwanda wamwishe. Ibyo bikaba byararakaje abene gihugu bo muri Malawi bakishora mu bikorwa by’impunzi z’Abanyarwanda bagatangira kubisenya, hakiyongeraho ko bamwe muri abo banyamalawi bakoraga ibyo bikorwa ari abakene bakaba barabiboneyemo amahirwe yo gusahura no kubangambira Ababyarwanda.

Umuvugizi wa polisi yo muri Malawi, i Lilongwe, James Kadadzera, yatangarije abanyamakuru ko nyiri inzu n’abayituyemo bose ari abenegihugu cya Malawi, ko polisi irimo iriga kuri icyo kibazo, ko abaturage basabwe gutuza bagaha umwanya polisi wo gukurikirana no gutunganya icyo kibazo. Polisi yasabye abarakaye kureka kwibasira Abanyarwanda.

James Kadadzera, umuvugizi wa polisi yo muri Malawi

Ijisho ry’Abaryankuna ryaganiriye n’Umunyarwanda utuye muri Malawi, watubwiye ko bigaragara ko ibyabaye by’ateguwe ashingiye ku ngingo zikurikira.

Imwe mu mafoto yasohotse

None tugarutse ku biri kubera muri Malawi, ni gute umuntu yaje muri urwo rupangu, akamenya neza ko munsi y’igiti hari hatabwemo umurambo? Kandi iyo mbuga yose yari idahinze ku buryo bumwe?

Ibi byerekana ko hari gahunda yo guteranya impunzi z’Abayarwanda n’abenegihugu bo muri Malawi cyangwa ibindi bihugu zirimo. Kuko muri iyo nzu bamwe bavuga ko habagamo umunya Nigeriya abana n’umugore w’umwenegihugu, ariko bakaba barabuze ntawuzi aho bagiye, bakimara kubura, nibwo ababonye iyi mirambo baje. Mbese ibi nabyo ntibyerekana ko hari gahunda yari yateguwe ababaga muri iyo nzu bagakoreshwa?

Abantu barakeka ko ari Diaspora y’Abanyarwanda irimo irabikora, hakaba hari n’urutonde rw’ababa barateranye ku i tariki ya 26 Mutarama 2020 muri hoteli WAKAWAKA ngo batere inkunga igikorwa cyo kwibasira impunzi z’Abanyarwanda. Ibi kandi bibaye nyuma y’aho James Kabarebe atunze agatoki izo mpunzi, akanateguza izo mpunzi avuga ko ubukungu bwa Malawi bwose ari zo zibufite akanerekana ko ibyo ari ikibazo k’ubutegetsi bwa FPR.

Nk’uko bisanzwe iyo FPR yishyizemo ko ifite ikibazo, aho kitagombye kuba, igisubizo bakibonera mu guhungabanya abantu, k’ubica no kubagambanira nk’ibyo byose byo muri Malawi na Zambiya.

Nema Ange

Exit mobile version