Site icon Rugali – Amakuru

Kagame nagire afungure na Diane Rwigara kuko leta ye ikeneye amafaranga

Igitugu cya Kagame n’ubuyobozi bwe bwahanzweho na shitani burimo buragenda bukendera. Niba ushaka gushyira igitutu kuri guverinoma y’umuyobozi ngo ni Shitani w’u Rwanda hagarika infashanyo. Leta y’umwicanyi Paul Kagame korera ku myenda gusa ihagaze kuri 50% y’imari y’igihugu.

Umwe mu banntu nizeye bampa amakuru muri minisiteri y’imari yambwiye ko ikusanywa ry’imisoro ryaguye hasi cyane kugezaho bishyuza imisoro insengero n’imisigiti ariko imisoro yinjira iracyari hasi cyane.

Iyo nshuti yanjye yo muri minisiteri y’imari yarongye imbwira ko ibigo bya Perezida Kagame byifatiye ubukungu hafi ya bwose bw’u rwanda zimwe zishyura imisoro izindi ntabwo zishyura. Urugero n’Inyange iheruka kwishyura imisoro mu mwaka wa 2014. Mwibagirwe imibare itangwa na minisiteri, ubu 60% by’Imari y’igihugu bituruka mu nfashanyo, 10% n’imyenda yasabirijwe, 30% ikava mu misoro.

None ubu umwicanyi Paul Kagame afite ibibazo kubera ibihugu bimwe na bimwe byasohoye raporo yabyo kubyerekeyeinfashanyo bitanga mu gihembwe cya mbere cy’umwaka 2018-2019. Ungezaho amakuru yambwiye ko ibihugu na Korea y’epfo n’u Buyapani byasohoye imibare y’infashanyo zizatanga mbere y’uko huzuzwa impapuro. Yongeye ambwira ati”ikibabaje n’uko turi kurangiza igihembwe cya mbere k’ingengo y’imari nta n’igiceri kivuye muri ibyo bihugu by’ibihangange tubonye uretse u Bushinwa.”

N’aho ibihugu by’iburasirazuba nka Leta z’unze ubumwe z’Amerika n’Ubwongereza burimo burashyiraho igitutu kuri guverinoma y’agatsiko bayisaba kubahiriza ikiremwa muntu, gufungura urubuga rwa politiki, gufungura infungwa za politiki, guha ubwisanzure itangaza makuru n’ubwisanzure mu kuvuga.

Ejo hazaza hahishe byinshi, umwicanyi ngo ni umuyobozi w’u Rwanda n’ubutegetsi bwe bwatewemo n’amashitani burimo burabyina buvamo, buragenda bukendera.

Kuba gize agatsiko ka guverinoma y’u rwanda, nimushake murye muri menge, ibihe bibi n’ububkungu bwifashe nabi ntibiraza, mwibagirwe ibi bihe mwarimo, aho mwamaraga amezi menshi mudahembwa; mu minsi iri imbere muzabona igabanya ry’abakaozi harimo kubashyira mu kiruhuko k’izabukuru bitunguranye.

Byanditswe na Rpf Gakwerere

Exit mobile version