Site icon Rugali – Amakuru

Ibi nibyo dukeneye iwacu i’ Rwanda. Ese Kagame hari icyo yakwigira kuri Boris Johnson?

Urukiko rw’ikirenga mu Bwongereza rwemeje ko Boris Johnson yarenze ku mategeko ahagarika Inteko.

Urukiko rw’ikirenga mu Bwongereza rwemeje ko icyemezo cya Minisitiri w’intebe Boris Johnson cyo guhagarika imirimo y’inteko ishingamategeko kitakurikije amategeko.

Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa cyenda, Bwana Johnson yahagaritse inteko mu gihe cy’ibyumweru bitanu.
Yavugaga ko ari ukugira ngo bihe umwanya ijambo ry’umwamikazi ngo Bwana Johnson atangaze gahunda nshya za leta ye.

Ariko abamunenga bavuga ko yari agamije gukumira abadepite ngo batagenzura gahunda ye yo gukura Ubwongereza mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi – gahunda izwi ku izina rya ‘Brexit’.

Urukiko rw’ikirenga rwavuze ko bitari byo ko inteko ibuzwa gukora inshingano zayo mu gihe hitegurwa ko Ubwongereza buva mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi ku itariki ya 31 y’ukwezi gutaha kwa cumi.
Ni ibiki bibaye muri politiki y’Ubwongereza?

Bwana Johnson avuga ko “mu buryo bukomeye atemeranya” n’umwanzuro w’urukiko rw’ikirenga, ariko ko “azawubaha”.

Asoma umwanzuro w’urukiko rw’ikirenga, Lady Hale, umukuru w’urukiko rw’ikirenga, yagize ati: “Ingaruka [zo guhagarika inteko] ku ishingiro ry’ibigize demokarasi yacu yari ikabije”.

Yongeyeho ati: “Icyo cyemezo nticyakurikije amategeko kuko cyari kigamije kubangamira cyangwa kubuza inteko kugira ubushobozi bwo gukora imirimo yemererwa n’itegekonshinga kandi nta gisobanuro cyumvikana gitanzwe”.

Lady Hale, umukuru w’urukiko rw’ikirenga, yagize ati: “Ingaruka [zo guhagarika inteko] ku ishingiro ry’ibigize demokarasi yacu yari ikabije”Uwufise ububasha kw’isanamu
Lady Hale, umukuru w’urukiko rw’ikirenga, yagize ati: “Ingaruka [zo guhagarika inteko] ku ishingiro ry’ibigize demokarasi yacu yari ikabije”

Umucamanza Lady Hale yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe n’abacamanza 11 b’urukiko rw’ikirenga bose nta n’umwe uvuyemo. Bemeje ko uko guhagarika inteko kuburijwemo kandi ko nta gaciro gufite.

Yavuze ko ubu abakuru b’inteko ari bo bagiye gukora ikizakurikira.
Umukuru w’inteko John Bercow yakiriye neza iki cyemezo cy’urukiko, avuga ko “inteko igomba guterana bidatinze”, guhera ejo ku wa gatatu saa tanu n’igice z’amanywa ku isaha yo mu Bwongereza.

Yongeyeho ko ubu agiye kuvugana n’abakuru b’amashyaka “nk’ikintu cyihutirwa cyane”.

Jeremy Corbyn, umukuru w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Labour, yavuze ko ubu Bwana Johnson akwiye gukora igikwiye akegura ku butegetsi.

Umunyamakuru wa BBC Clive Coleman ukurikiranira hafi ibijyanye n’ubucamanza, yavuze ko iki cyemezo cy’urukiko rw’ikirenga cyagaragaje ko uko waba ukomeye kose mu Bwongereza – niyo waba uri Minisitiri w’intebe – utari hejuru y’amategeko.

Exit mobile version