Hari abafatwa barenze ku mabwiriza bakarazwa bicaye muri za stade cyangwa bagafungirwa mu bigo by'amashuri kuko ubu amashuri adakoreshwa
Insiguro y’isanamu,Hari abafatwa barenze ku mabwiriza bakarazwa bicaye muri za stade cyangwa bagafungirwa mu bigo by’amashuri kuko ubu amashuri adakoreshwa

Bamwe mu batuye i Karenge bemereye BBC ko bamenye amakuru y’umusore wakubiswe yaje muri aka gace hashira iminsi micye agapfa. Nta makuru arambuye aramenyekana y’uburyo yakubiswe.

Abafite icyo babiziho batandukanye BBC yavugishije byumvikana ko badashaka kuvuga bisanzuye ibyo bazi ku byabaye kuri Ngaboyamahina.

Mu muhango wo kumushyingura wabaye ku wa kane ushize, umwe mu bo mu muryango we wari uhari yabwiye BBC ko polisi yohereje intumwa, ikavuga ko ibyabaye uwabikoze atabitumwe n’igipolisi.

Ati: “Batubwiye ko ubutabera buhari buzakora ibyo bugomba gukora. Twizeye rero ko umwana wacu azahabwa ubutabera kandi twizeye ko bazabikora”.

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu iheruka gutangaza ko mu byumweru bibiri bya nyuma by’ukwezi gushize kwa karindwi abantu barenga 60,000 bahaniwe kutubahiriza amabwiriza yo kurwanya Covid-19.

Muri bo ivuga ko 27,259 bahaniwe ko batambaye agapfukamunwa, 23,401 ko bafashwe bagenda nyuma ya saa tatu z’ijoro, naho abagera ku 12,000 bazira ko batubahirije guhana intera ya metero imwe.

U Rwanda rwashimwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS/WHO)nka kimwe mu bihugu by’intangarugero mu kurwanya coronavirus.

Ku mbuga nkoranyambaga hari Abanyarwanda bagaragaza ko binubira ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu n’imbaraga z’umurengera bavuga ko bikorwa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Flavien yashyinguwe ku wa kane
Insiguro y’isanamu,Flavien yashyinguwe ku wa kane