Site icon Rugali – Amakuru

Dore uko mu Rwagasabo bunguka ku mari bashoye! -> Akarere ka Burera kujuje hoteli ku kiyaga imara igihe yarabuze abayikoreramo

Akarere ka Burera ntikahise gahirwa n’ishoramari kashyize mu kubaka hoteli yagatwaye amafaranga asaga miliyoni 530, yuzuye muri Nyakanga 2016 ariko ntiratangira gukora; yatinze kubona rwiyemezamirimo uyikodesha.

Mu 2014 nibwo Inama njyanama y’akarere yemeje kubaka hoteli mu rwego rwo gutinyura abikorera kugashoramo imari, bigafasha abaza gusura ibyiza nyaburanga gafite.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence, yabwiye IGIHE ko iyi hoteli yiswe ‘Burera Beach Resort’ hari harabuze umushoramari uyikoreramo.

Yagize ati “Twabanje kubura umushoramari ariko ubu twaramubonye nakwizeza abaturage ko bitarenze ukwezi kwa kabiri izaba yatangiye gukora.”

Akomeza avuga ko iyi hoteli yubatse ku kiyaga cya Burera nimara gutangira gukora, abatuye muri aka karere no mu nkengero zako bazakirigita ifaranga.

Yagize ati “Nitangira gukora abaturage bazabyungukiramo cyane kubera ko ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bizajya bikoreshwa muri hoteli nibo bazajya babigemura, ikindi bazahabwa akazi kuko biri mu byo twumvikanye n’umushoramari.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera ashimangira ko iyi hoteli ari kimwe mu bizamenyekanisha kurushaho ibyiza nyaburanga bikagize, birimo ibiyaga bya Burera na Ruhondo n’ibindi.

 

Ku marembo ya Hoteli ‘Burera Beach Resort’

 

Hoteli Akarere ka Burera kujuje igatinda kubona abayikoreramo

 

Hoteli imaze umwaka n’igice yaruzuye ariko ntiratangira gukorerwamo

 

Byitezwe ko iyi hoteli nitangira gukora bizafasha abaturage ba Burera kugurishayo umusaruro w’ubuhinzi

emma@igihe.rw

Exit mobile version