Site icon Rugali – Amakuru

Abakuru b’ibihugu benshi bageze i Kigali mu nama ya AU (Amafoto)

Abakuru b’ibihugu benshi bemeje kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu ku ishyirwaho ry’amasezerano y’isoko rusange mu bihugu bya Afurika, ‘Continental Free Trade Area (CFTA)’ basesekaye i Kigali.

Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda wongeye kwandika amateka mu kwakira abakuru b’ibihugu byinshi; kuva ku wa 19 Werurwe watangiye kubakira bitabiriye inama ikomeye ya AU yo ku wa 21 Werurwe 2018, yitezweho ishyirwaho ry’isoko rusange rizazamura ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika buri kuri 16%, igipimo kiri hasi cyane ugereranyije na 60% bikorana n’u Burayi na 50% bikorana Aziya.

Ku wa 19 Werurwe, haraye abakuru b’ibihugu barimo Perezida wa Niger Mamadou Issoufou uyoboye gahunda ya CFTA iri mu zubakiweho icyerekezo cya Afurika 2063; Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe; Perezida wa Repubulika ya Sahara, Brahim Ghali; Visi Perezida wa Côte d’Ivoire, Daniel Kablan Duncan, Visi Perezida akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Seychelles, Vincent Meriton.

Nyuma ya saa sita ku wa 20 Werurwe nibwo ikirere cy’u Rwanda cyacicikanagamo indege z’abakuru b’ibihugu, bakakiranwa urugwiro ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali n’abayobozi bakuru b’u Rwanda.

Abageze mu Rwanda ni Perezida w’Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa; Perezida Idriss Déby wa Tchad; Perezida Azali Assoumani w’Ibirwa bya Comores; Perezida João Lourenço wa Angola; Perezida Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti; Omar el-Béchir wa Sudani; Mohamed Ould Abdel Aziz wa Mauritanie; Filipe Nyusi wa Mozambique; Macky Sall wa Senegal; Adama Barrow wa Gambie; Ali Bongo Ondimba wa Gabon; Nana Akufo-Addo wa Ghana; Denis Sassou-Nguesso wa Congo Brazzaville;

Uretse ba Perezida, hanaje Minisitiri w’Intebe wa Guinée équatoriale, Ricardo Mangue Obama Nfubea; Minisitiri w’Intebe wa Algeria, Ahmed Ouyahia na Minisitiri w’Intebe wa Maroc, Saâdeddine El Othmani; Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa; Ministiri w’Intebe wa Lesotho, Tom Thabane.

Iyi nama yitezweho gusinyirwamo amasezerano y’isoko rusange rya Afurika yabanjirijwe n’izindi zitandukanye ziyitegura, yemerejwe mu nama ya AU iheruka kubera i Addis Ababa muri Ethiopia muri Mutarama 2018. Abakuru b’ibihugu birenga 26 bemeje kuzayitabira, abandi bakohereza ababahagarariye.

Perezida wa Tchad Idriss Déby ageze i Kigali yitabiriye inama ya AU

Perezida Adama Barrow wa Gambie ageze i Kanombe

Perezida Omar el-Béchir wa Sudani nawe yiyiziye nta ntumwa yohereje

Perezida Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti

Ali Bongo Ondimba wa Gabon asesekaye i Kanombe

Perezida Mohamed Ould Abdel Aziz wa Mauritanie

Perezida wa Angola, João Lourenço

Denis Sassou-Nguesso wa Congo Brazzaville nawe yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu i Kigali

Perezida w’Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ageze i Kigali

Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen Patrick Nyamvumba n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana bakiriye Perezida Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa

Perezida Macky Sall wa Senegal yakirwa ku kibuga cy’indege

Minisitiri w’Intebe wa Algeria, Ahmed Ouyahia yakirwa

Ministiri w’Intebe wa Lesotho, Tom Thabane

Minisitiri w’Intebe wa Maroc, Saâdeddine El Othmani nawe yasesekaye i Kigali

Perezida Kagame uyobora AU yakiriye Mahamadou Issoufou uyobora gahunda ya ‘Continental Free Trade Area (CFTA) iri mu zubakiweho icyerekezo cya Afurika 2063

Perezida Mahamadou yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Dambudzo Mnangagwa, asuhuza Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen Patrick Nyamvumba witabiriye Inama idasanzwe ya AU

Perezida Mnangagwa yageze i Kigali kuva yatorerwa kuyobora Zimbabwe asimbuye Robert Mugabe wegujwe

Visi Perezida wa Côte d’Ivoire, Daniel Kablan Duncan, akigera i Kigali

Daniel Kablan Duncan w’imyaka 74 ni Visi Perezida wa Côte d’Ivoire kuva muri Mutarama 2017

Visi Perezida akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Seychelles, Vincent Meriton, ubwo yageraga i Kigali

Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Repubulika ya Sahara, Brahim Ghali

Minisitiri w’Intebe wa Guinée équatoriale, Francisco Pascual Obama Asue

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yakiranwe urugwiro

Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa ni we Perezida Magufuli yohereje mu nama ya AU

Amafoto : Rwanda Government
Exit mobile version